0 0
Read Time:1 Minute, 26 Second

By Christohe Uwizeyimana

Ku wa 25 Werurwe 2023, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yatangaje ko hagiye gutangizwa ingamba z’igihugu zituma  abaturage bivana mu bukene mu buryo burambye.

MINALOC yatangaje ko mu rwego rwo kurandura ubukene mu baturage, Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda y’igihugu ituma abaturage bivana mu bukene hakagenderwa ku ngamba zemejwe n’Inama y’abaminisitiri ku itarikiya ya 1 Ugushyingo 2022. Izi ngamba ziteganya ko uretse ingo zifite ibibazo byihariye (abageze mu zabukuru batishoboye, incike, abafite ubumuga bukabije, abafite indwara zidakira, ingo ziyobowe n’abana), badafite aho bakura amikoro bazakomeza kwitabwaho na Leta n’abafatanyabikorwa bayo mu mibereho yabo, abandi baturage bose bo bakaba bashishikarizwa gufata iya mbere mu kwiteza imbere no kwita ku mibereho myiza y’imiryango yabo.

Ingo zifite amikoro make ariko zifite abagize umuryango babashije gukora zihurizwaho ubushobozi buhari kugira ngo zive mu bukene mu gihe kitarenze imyaka 2. Gutangiza ku mugaragaro iyi gahunda byabaye nyuma y’umuganda wa Werurwe 2023.

Iyi gahunda itangijwe nyuma y’inama zahuje Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Intara, Umujyi wa Kigali, Uturere, abafatanyabikorwa ku rwego rw’intara basobanurirwa uko igiye gushyirwa mu bikorwa n’uruhare rwa buri ruhande cyane cyane umuturage ugiye kwivana mu bukene.

Iyi gahunda irimo impinduka zikurikira:

-Buri wese mu bagira uruhare mu kuvana abaturage mu bukene agira uruhare rugaragara guhuza imbaraga n’abandi hagamijwe gufasha umuturage kwivana mu bukene.

-Uruhare rw’umuturage ufashwa ni ingenzi cyane kuko ari nk’umufatanyabikorwa aho kuba umugenerwabikorwa nk’uko byari bimenyerewe.

-Ubuyobozi n’abafatanyabikorwa bose bakorera hamwe mu gushyiraho uburyo umuturage ufashwa yihuta kuva mu bukene.

-Ubufasha bukomatanyije bitewe n’ibyo abagize urugo bakeneye ngo bivane mu bukene bubahurizwaho ndetse bagaherekezwa kugira ngo kuva mu bukene byihute.

Photo:Uruhare rw’umuturage ufashwa ni ingenzi cyane kuko ari nk’umufatanyabikorwa aho kuba umugenerwabikorwa

About Post Author

Christophe UWIZEYIMANA

Christophe Uwizeyimana is a Rwandan journalist who studied in University of Rwanda. He worked on Environmental, Health, Agriculture, Science and Business reporting from 2015 up to now. He is Rwandan Health reporting Winner 2023, Rwandan Science Reporting Overall Winner 2023( in OFAB Rwanda Media Awards )and First runner up in OFAB AFRICA MEDIA AWARDS 2023-Science reporting/Radio Category.
Happy
Happy
0 %
Sad
Sad
0 %
Excited
Excited
0 %
Sleepy
Sleepy
0 %
Angry
Angry
0 %
Surprise
Surprise
0 %

By Christophe UWIZEYIMANA

Christophe Uwizeyimana is a Rwandan journalist who studied in University of Rwanda. He worked on Environmental, Health, Agriculture, Science and Business reporting from 2015 up to now. He is Rwandan Health reporting Winner 2023, Rwandan Science Reporting Overall Winner 2023( in OFAB Rwanda Media Awards )and First runner up in OFAB AFRICA MEDIA AWARDS 2023-Science reporting/Radio Category.

Average Rating

5 Star
0%
4 Star
0%
3 Star
0%
2 Star
0%
1 Star
0%

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *